Ku bufatanye bwa NISR, MINEDUC, MINALOC mu gutegura  ibarura ry’abaturage n’imiturire rya 2022 tuboherereje urutonde rw’abasabye gukora akazi k’Ibarura Rusange ry’Abaturage n’Imiturire rya 2022.

Nk’Uko byasobanuwe, akazi k’Ibarura kazakorwa n’abarimu bigisha amashuri abanza gusa ariyo mpamvu dusaba ko mugihe cyo gukora ibizami abantu bose bazaza bitwaje icyemezo (recommendation)cyerekana ko ari abarimu mumashuri abanza.

Turasaba abashinzwe Uburezi ku murenge kureba izi ntonde bakaturebera abatari abarimu ba primaire kugirango mu gihe cy’ijonjora batazadutwara umwanya wo gukora ikizamini batujuje ibisabwa. Turasaba ko lists zamanikwa kugirango abasabye akazi babimenye kandi tuzabamenyesha gahunda ikurikira ijyanye n’ ijonjora rizakorerwa ku mirenge.