News and Events

The African Statistics Day of every November 18th was adopted in May 1990 by the Twenty-fifth Session of the United Nations Economic Commission for Africa (UNECA) and the Sixteenth Meeting of the African Ministers responsible for Economic Planning and Development to be celebrated each year with an objective of increasing public awareness about the important role which statistics play in all aspects of social and economic life on our countries and the continent.

Mu gihe Ibarura Rusange risigaje iminsi mike ngo rirangire, Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda kirashimira abaturarwanda uburyo bitabira iki gikorwa cy'ingirakamaro.

Kimwe n’abandi Banyarwanda bose, kuri uyu wa Kane tariki 16 Kanama, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yitabiriye ibarura rusange rya kane ry’abaturage, aho yibaruje ndetse abaruza abo acumbikiye mu rugo rwe.

Urugo rwa Prezida wa Repubulika, Paul Kagame, ruri mu rwibarujwe kuri uyu wa kane tariki ya 16/08/2012 ubwo igikorwa cy’ibarura rusange rya kane cyatangiraga mu gihugu hose, mu rwego rwo gutanga urugero ku bandi Banyarwanda bose.

Igikorwa cy’ibarura rya kane ry’abaturage batuye u Rwanda ryatangiye tariki 16/08/2012 ku rwego rw’akarere ka Nyanza ryahereye mu rugo rwa Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwari.

Kuri uyu munsi ibarura rya kane ry’abaturage n’imiturire ryatangiye, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba madamu Uwamariya Odette arizeza abakarani b’ibarura ko bazabasha gusohoza inshingano zabo muri iyo Ntara nta nkomyi.

Mu ibarura rusange rizatangira mu gihugu hose kuri uyu wa kane tariki 16/8/2012, buri rugo ruzajya rutanga ibisubizo bijyanye n’imiterere ya buri muntu urutuyemo, harimo irangamimerere n’urubyaro afite, umurimo we, uko imibereho yifashe, ndetse n’umutungo uri mu rugo.

Mu gihe hasigaye iminsi 16 gusa ngo mu Rwanda ku nshuro ya kane hakorwe ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire, abakarani b’ibarura bakomeje amahugurwa mu duce dutandukanye tw’u Rwanda, naho abaturage nabo biteguye kuzafasha abakarani b’ibarura kugirango igikorwa kizagende neza.

I. IGIKORWA CY’IBARURA RUSANGE NI INGIRAKAMARO KU GIHUGU MURI RUSANGE NO KURI BURI MUTURAGE BY’UMWIHARIKO

Ibarura Rusange ry’Abaturage n’Imiturire ni umwe mu mishinga y’ibanze Igihugu gishingiraho kugira ngo kigene ibigomba gukorerwa abaturage byabageza ku majyambere arambye mu bijyanye n’ubukungu n’imibereho yabo ya buri munsi.

The Director General of the National Institute of Statistics, Yusuf Murangwa, has called upon busy Rwandans to commit their time to the forthcoming national population and housing census in order for it to achieve the required accuracy.

During an interview with The New Times, Murangwa said that the counting process will take only two weeks and will be conducted especially during day time, a time when many Rwandans are at work and not available in their homes.